Nta muntu ukwiye kugira ubwoba bwo gutanga ikirego igihe amenye umwana wahohotewe
Muri gahunda y'icyumweru cyahariwe kwimakaza ihame ry'uburinganire mu Karere ka Gatsibo mu ntara y’Iburasirazuba, cyatangiye ku wa 19/09/2022 gisozwa ku wa 25/09/2022, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Amb. Nyirahabimana Soline, ureberera ako karere muri Guverinoma, yagiranye ibiganiro n’abangavu babyariye iwabo mu rwego rwo gukemura ibibazo byabo.
Umunyamabanga wa Leta Amb. Nyirahabimana Soline yasabye aba bana babyaye kudatakaza indoto, bakirinda kandi bakagira amakenga mbere yo gufata icyemezo. Ati "mwitakaza indoto, imbaraga mwari mufite zigaruke kugira ngo n'ubundi mugere ku byo mwifuzaga kugeraho. Turabasaba kwirinda mukagira amakenga, mbere yo gufata icyemezo mujye mutekereza ubugira kabiri. Mumenye kuvuga "oya" kandi mugire uruhare mu kurwanya iki cyorezo mudahishira ababahohoteye ndetse n'abagerageje kubahohotera n'ubwo baba batarabigezeho."
Yanaganiriye kandi n’ababyeyi b’abana babyaye hagamijwe kubibutsa inshingano zabo zo kurera, kwita ku bana basambanyijwe/batewe inda no gufata ingamba zo gukumira no kurinda barumuna babo.
"Natwe ababyeyi twikebuke turebe uko tubanye mu muryango. Imiryango yacu iragaragara ite? Ibanye ite? Tuganira n'abana bacu? Baratwigiraho izihe ndangagaciro zituma bagendana n'ibyo ababyeyi bababwiye bikabarinda niyo batari kumwe natwe? Reka twere kuva ku nshingano zacu. Abantu ba mbere bahingamo umwana icyo agendana ni ababyeyi. Twegere abana bacu, tubane nabo, nibwo buryo bukomeye bwo gukumira." Amb. Nyirahabimana Soline
Yongeyeho asaba ubufatanye bwa buri wese mu guhashya ihohoterwa rikorerwa abana kuko izindi nzego zibishinzwe zitashobora kujya muri buri rugo ngo zimenye ko hari uwahohotewe. Ati “Nta n’umuntu ukwiye kugira ubwoba bwo gutanga ikirego igihe amenye umwana wahohotewe kuko iyo ubicecetse ubizi uba uhishiriye icyaha.”
Mu rwego rwo kwimakaza ihame ry’uburinganire, Umunyamabanga wa Leta yasuye imiryango yari ifitanye amakimbirane ariko ubu ibanye neza, anafatanya n’ubuyobozi bw’Akarere kuganiriza umuryango uri mu makimbirane bawushishikariza kongera kwiyunga. Yanagiranye ibiganiro n’inshuti z’umuryango mu karere ka Gatsibo, agira umwanya wo gukemura ibibazo by’abaturage aho yitabiriye inteko y’abaturage mu murenge wa Rwimbogo, akarere ka Gatsibo.
Topics
On 23 June 2026, the Ministry of Justice, in partnership with UNICEF Rwanda, convened a Stakeholders’ Dialogue on Advancing Child Justice in Rwanda,…
Rwanda convened the Africa’s Attorneys General Forum in Kigali from 5–7 May 2026, in partnership with the World Bank Group, ICSID, MIGA, AFC, IFC, and…
The Ministry of Justice, in partnership with the Swiss Agency for Development and Cooperation (SDC) and the European Union (EU), conducted an ADR…
From 29 March to 1 April 2026, the Ministry of Justice, in partnership with the European Union, organized a specialized Alternative Dispute Resolution…
The Ministry of Justice, in collaboration with International Alert, officially launched Alternative Dispute Resolution (ADR) Clubs in Rwanda on 31…
On 13 February and 30 March 2026, the Ministry of Justice held workshops on contract management to strengthen the capacity of procurement officers,…
Today on the 18th of March, a hearing of the case involving Rwanda v. UK at the Permanent Court of Arbitration in The Hague has commenced. It is…
From 26th to 27th February 2026, the Institute of Legal Practice and Development (ILPD), in partnership with UNICEF Rwanda, convened a two-day…
From 22 to 24 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, organized two key training sessions…