Uri mu byaha by’inzaduka ntazigera arusha ingufu ababirwanya

Kuva tariki ya 18 kugeza ku ku ya 22 Werurwe 2019 cyari icyumweru cyahariwe ubutabera / Justice week ku nsanganyamatsiko “Sobanukirwa kandi ukumire ibyaha by’inzaduka mu muryango.”

Iki cyumweru cyaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kumurika ibikorwa cyangwa serivisi zitangwa n’inzego zibumbiye mu “Urwego rw’Ubutabera”, gusura abaturage mu nteko z’Abaturage, gusura abanyeshuri muri za Kaminuza n’abagororwa muri za Gereza; babasobanurira ibijyanye n’ibyaha by’inzaduka, kubakangurira kubyirinda no kubikumira.

Icyumweru cyatangijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Ngororero na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston aho yakanguriye abaturage kuba maso bakamenya ububi bw’ibyaha bitari bisanzwe bimenyerewe mu muryango nyarwanda, birimo ibyaha bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga, ibyaha byo gucuruza abantu, kunywa ibiyobyabwenge, ruswa, ibyaha byo gusambanya abana n’ihohotera. Yabasabye kugira uruhare rukomeye mu gukumira ibi byaha no kutabihishira igihe babonye bikorwa.

Minisitiri Busingye yabwiye abaturage ko  kuba iki cyumweru baragihariye ubutabera bidashatse kuvuga ko ubusanzwe nta butabera buhari. Yagize ati “Iki cyumweru twagihariye ubutabera. Ntabwo ari ukuvuga ko tutabufite ahubwo twashatse kuza kubasura ngo tubiyereke nk’Urwego rw’Ubutabera, tubereke ko dufatanya kugira ngo buri munyarwanda wese agerweho n’ubutabera.  Inzego z'Ubutabera dushinzwe kubafasha kandi tuzabikomeza kugira ngo umunyarwanda aho ari hose abone ubutabera kandi uburenganzira bwe bwubahirizwe."     

Asubiza ibibazo by’abaturage mu Nteko y’abaturage yateraniye kuri sitade ya Ngororero, Minisitiri yabasabye kujya bubaha ibyemezo by'inkiko. Ati "ibyo amategeko ateganya twese biratureba ku gipimo kimwe kandi tugomba kubyakira. Ntabwo ubutabera bukora kubera ko umuntu afite ibya Mirenge, bukora kuko bugomba gukorwa. Udafite ubushobozi na busa turamutegereza kugeza igihe azabubona akishyura umwenda w'abandi kuko ubwishyu nibwo bushingiye ku butabera.”

Muri Gereza ya Nyarugenge naho Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta yaganiriye n’imfungwa n’abagororwa abasaba kurangwa n’impinduka nziza bityo bakazaba ingirakamaro mu muryango nyarwanda. Yagize ati "Kuba muri hano ni ukugira ngo hagire igihinduka mu buzima bwanyu, muratera intambwe yo kugororoka kandi tubatezeho impinduka nziza.” Yanababuriye ko uri muri ibi byaha byitwa ko ari inzaduka kubera ko bitari bimenyerewe mu muryango nyarwanda yabivamo inzira zikigendwa kuko atazigera arusha ingufu ababirwanya.

Kimwe na Minisitiri Busingye Johnston, n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye zigize Urwego rw’Ubutabera bagiye hirya no hino mu turere tw’igihugu, muri za Kaminuza no muri za Gereza batanga nabo ubutumwa bugamije gukangurira abantu kwirinda by’umwihariko ibyaha by’inzaduka  n’ibyaha byose muri rusange banabasaba gutanga umusanzu mu kubikumira.

Icyumweru cy’Ubutabera cyashojwe ku wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2019 n’umukino w’Umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Urwego rw’Ubutabera (JRLOS) n’ikipe ASV (association des Sportifs Volontaires). Umukino warangiye amakipe yombi anganya 3-3, hiyambazwa penalite ASV itsinze 3 kuri 1 ya JRLOS. ASV iba itwaye igikombecyitiriwe Icyumweru cy’Ubutabera.

Nyuma y’Umukino, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode wari umushyitsi mukuru, yabwiye abaturage bari bitabiriye umukino ko hari amahitamo abiri: Kureka ibyaha burundu cyangwa gufungwa burundu.

Topics


Rwanda Launches National Diversion Framework to Advance Child-Friendly Justice

On 23 June 2026, the Ministry of Justice, in partnership with UNICEF Rwanda, convened a Stakeholders’ Dialogue on Advancing Child Justice in Rwanda,…

Read more →

Rwanda hosts Africa’s Attorneys General Forum on strengthening Public–Private Partnerships for Development

Rwanda convened the Africa’s Attorneys General Forum in Kigali from 5–7 May 2026, in partnership with the World Bank Group, ICSID, MIGA, AFC, IFC, and…

Read more →

ADR Caravan Strengthens Community Awareness and Trust in Alternative Dispute Resolution

The Ministry of Justice, in partnership with the Swiss Agency for Development and Cooperation (SDC) and the European Union (EU), conducted an ADR…

Read more →

Investigators and Prosecutors Strengthen ADR Skills to Advance Access to Justice

From 29 March to 1 April 2026, the Ministry of Justice, in partnership with the European Union, organized a specialized Alternative Dispute Resolution…

Read more →

Rwanda Launches ADR Clubs to Promote a Culture of Peaceful Dispute Resolution

The Ministry of Justice, in collaboration with International Alert, officially launched Alternative Dispute Resolution (ADR) Clubs in Rwanda on 31…

Read more →

Ministry of Justice Strengthens Contract Management Capacity to Safeguard Public Resources

On 13 February and 30 March 2026, the Ministry of Justice held workshops on contract management to strengthen the capacity of procurement officers,…

Read more →

Rwanda v. UK: Upholding the Integrity of International Agreements

Today on the 18th of March, a hearing of the case involving Rwanda v. UK at the Permanent Court of Arbitration in The Hague has commenced. It is…

Read more →

Child Rights Protection: Advancing a Child-Friendly Justice System in Rwanda

From 26th to 27th February 2026, the Institute of Legal Practice and Development (ILPD), in partnership with UNICEF Rwanda, convened a two-day…

Read more →

Strengthening Human Rights and Combating Human Trafficking

From 22 to 24 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, organized two key training sessions…

Read more →
-->