Umuhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza wa 2022/2023
Ku itariki ya 14 Ukwakira 2022, ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Nyakubahwa Dr Nteziryayo Faustin yatangije umwaka w’ubucamanza wa 2022/2022.
Nyakubahwa Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, witabiriye uyu muhango, yasabye ko hasubizwa amaso inyuma abantu bakareba byinshi kandi byiza byagezweho mu myaka 28 ishize.
Yagize ati “Mu mwaka wa 2021, ibigereranyo binyuranye kandi byizewe byagaragaje ko u Rwanda ari igihugu kidahwema gutera intambwe ishimishije muri ibi bikurikira: - Kwiyubaka nk’igihugu kigendera ku mategeko: 87,08%; - Umudendezo n’umutekano rusange:95,47%; - Kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo: 93,19%; - Kurwanya ruswa, gukorera mu mucyo no kubazwa ibisobanuro mu byo buri wese ashinzwe: 86,77%; - Gutanga serivisi inoze: 88.44%; - Kubahiriza uburenganzira bwa Muntu: 83,16%; - Kubaka ubumwe, ubwiyunge n’imibanire inogeye bose: 93,76%; - Kugeza serivisi z’ubutabera ku baturage: 86,02%; - Uko abaturage babona imikorere y’Ubushinjacyaha: 94,53%; - Icyizere abaturage bafitiye Urwego rw’Ubucamanza cyari ku gipimo cya: 88,3% - Abaturage babona Ubucamanza bwigenga ku gipimo cya 94,3% - Naho imikorere y’Urwego rw’Ubucamanza babona iri ku gipimo cya 78%.”
Minisitiri Ugirashebuja yavuze ko n’ubwo iyi mibare igaragaza ko hari byinshi bihagaze neza abantu batagomba kwirara. Ati “Tugomba guhora tuzirikana inama Nyakubahwa Perezida wa Repubulika adahwema kutugira atwibutsa ko tutagomba gushukwa n’ibi bipimo ngo tudamarare, kuko inzira ikiri ndende kandi hakiri n’imbogamizi zigikeneye gushakirwa ibisubizo birambye.”
Minisitiri yasabye abanyarwanda bose guhaguruka no gufatanya n’Inzego z’Ubutabera ndetse n’ubuyobozi gukumira icyaha no kugaragaza vuba aho kibaye.
Topics
Rwanda convened the Africa’s Attorneys General Forum in Kigali from 5–7 May 2026, in partnership with the World Bank Group, ICSID, MIGA, AFC, IFC, and…
Today on the 18th of March, a hearing of the case involving Rwanda v. UK at the Permanent Court of Arbitration in The Hague has commenced. It is…
From 22 to 24 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, organized two key training sessions…
On 21 January 2026, the Government of Rwanda presented its Fourth National Report under the Universal Periodic Review (UPR) during a session of the…
The Ministry of Justice, in partnership with African Peace Partners, convened a high-level dialogue and training session on Trauma-Informed Mediation…
From 15–19 December 2025, the Ministry of Justice, in partnership with the ADR Operationalization Project, brought together 55 participants from state…
Rwanda joined the international community in marking International Anti-Corruption Day on December 9, 2025, with a national celebration held in Rubavu…
From 24–27 November 2025 in Marrakech, Morocco, a delegation led by the Minister of Justice /Attorney General, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, and…
Kigali, Rwanda – 22 October 2025 – The Ministry of Justice, in collaboration with justice sector institutions and with the support of the United…